Ku wa 11 Nzeri 2001, Leta Zunze Ubumwe za Amerika yibasiwe n’ibitero bikomeye by’iterabwoba byagabwe n’abagize umutwe wa Al-Qaeda, bihitana abantu 2,977, hatabariwemo abari bateze indege. Ibi bitero byabaye bimwe mu byahitanye abantu benshi mu mateka y’iterabwoba ku isi.
Kuri uwo munsi, abagabo 19 bari bagize umutwe witera bwoba wa Al-Qaeda bashimuse indege enye zitwara abagenzi. Indege ebyiri, harimo American Airlines Flight 11 na United Airlines Flight 175, zaje kugongera ku nyubako ebyiri za World Trade Center i New York, zizwi nka Twin Towers, zirasenyuka.
Indege ya gatatu, American Airlines Flight 77, yagonze inyubako ya Pentagon i Arlington, Virginia, ikigo gikuru cya Minisiteri y’Ingabo za Amerika. Indege ya kane, United Airlines Flight 93, yo yaguye mu cyaro cya Pennsylvania nyuma y’uko abagenzi n’abakozi bayo bagerageje guhangana n’abari bayishimuse.
Ibi bitero byahitanye abantu 2,977, barimo abaturage ba Amerika n’abandi baturutse mu bihugu bitandukanye. Abandi ibihumbi barakomereka, mu gihe abakozi batazwi n’abari hafi y’ahabereye ibi bitero na bo bagize ibibazo by’ubuzima mu myaka yakurikiyeho. FBI ivuga ko abantu barenga 400 babatabazi, barimo abapolisi n’abashinzwe kuzimya inkongi, na bo bari mu bahitanywe n’ibi bitero.
Ibi bitero byahinduye bikomeye uburyo Amerika n’ibindi bihugu byafataga ikibazo cy’umutekano n’iterabwoba. FBI yahise itangiza iperereza rinini ryiswe PENTTBOM, ryabaye rimwe mu maperereza manini cyane mu mateka yayo.
Nyuma y’ibitero, Leta Zunze Ubumwe za Amerika yakajije ingamba zo kurwanya iterabwoba, haba imbere mu gihugu ndetse no ku rwego mpuzamahanga. Ibi byagize uruhare mu mpinduka zikomeye mu bijyanye n’umutekano, ubutasi, igenzura ry’ingendo zo mu kirere ndetse n’imikoranire hagati y’inzego z’umutekano.
