Amakuru Agezweho
History

Gamal Abdel Nasser yatorewe kuyobora Misiri, atangiza ibihe bishya bya Repubulika

Ku wa 29 Kamena 1956, Misiri yanditse amateka akomeye ubwo Gamal Abdel Nasser yemezwaga n'amatora ya kamarampaka (referendum) nka Perezida wa Repubulika. Ibi byabaye nyuma y'impinduramatwara yo mu 1952 yari yarakuyeho ubwami, bikaba byarashimangiye ko igihugu cyinjiye mu buryo bushya bw'imiyoborere ya Repubulika.

Nasser yari umwe mu bayobozi b'umutwe w'abasirikare wiswe Free Officers Movement, wahiritse ubutegetsi bw'Umwami King Farouk. Nyuma y'aho, yabaye umwe mu banyapolitiki bakomeye bagize uruhare mu kuvugurura inzego za Leta no gushyira imbere gahunda zigamije ubwigenge n'iterambere ry'igihugu.

Nyuma gato yo gutorerwa kuyobora igihugu, Nasser yafashe icyemezo cyahinduye amateka yo gushyira Umuyoboro wa Suez mu maboko ya Leta ya Misiri. Icyo cyemezo cyateje Intambara ya Suez mu 1956, ariko cyanatumye aba ikimenyabose nk'umwe mu bayobozi baharaniye ubwigenge bw'ibihugu bya Afurika n'iby'Abarabu.

Kugeza n'ubu, izina rya Gamal Abdel Nasser rikomeje kuvugwa mu mateka ya Misiri no ku rwego mpuzamahanga kubera uruhare yagize mu guhindura politiki y'igihugu no guteza imbere igitekerezo cy'ubwigenge bw'ibihugu byinshi byari bikiri mu bukoloni.

Ku byerekeye umwanditsi

ROSINE

Journalist🎤

Sangiza aya makuru

Izijya gusa

Ni iki gituma Ethiopia iba mu mwaka wa 2019 mu gihe ahandi ari 2026? History

Ni iki gituma Ethiopia iba mu mwaka wa 2019 mu gihe ahandi ari 2026?

Inkuru Yose
Ibitero by’iterabwoba byahitanye hafi abantu 3,000 muri Amerika History

Ibitero by’iterabwoba byahitanye hafi abantu 3,000 muri Amerika

Inkuru Yose
Umuco umaze ibinyejana uhuza abanyarwanda History

Umuco umaze ibinyejana uhuza abanyarwanda

Inkuru Yose