Amakuru Agezweho
UBUZIMA

Rwamagana: Batatu Bamaze Gupfa, Abandi 17 Bari mubitaro Nyuma yo Kunywa inzoga ya Kanyanga

Abaturage 17 bo mu Kagari ka Murambi, Umurenge wa Muhazi mu Karere ka Rwamagana, 17 bakomeje kwitabwaho n'abaganga mu Bitaro Bikuru by'Akarere, mugihe abandi batatu babuze ubuzima nyuma yo kunywa inzoga bikekwa ko yari yanduye.

Bamwe mu banyoye iyo nzoga baganiriye n'itangazamakuru bari mu bitaro, bavuga ko bayinywereye ahazwi nko kwa Kaburame ku wa Kane tariki ya 4 Kamena 2026 , ariko ko ingaruka zigatangira kugaragara mu minsi yakurikiyeho. Bavuga ko bamwe batangiye kuribwa mu nda, kumva bacitse intege, ndetse bamwe muri bo baza no kwitaba Imana.

Musoni Bosco, umwe mu bari kuvurirwa mu Bitaro bya Rwamagana, yavuze ko banyoye iyo nzoga ari benshi, ariko nyuma y'umunsi umwe gusa abantu babiri bahita bapfa, mu gihe undi yitabye Imana nyuma y'iminsi mike.

Yagize ati: “Iyo nzoga twayinyoye kwa Kaburame ku wa Kane, bukeye natangiye kumva ntameze neza, cyane cyane mu nda, nibwo babiri mubo twasangiye bahise bapfa, undi yitabye Imana mu rukerera rwo ku Cyumweru..”

Kayitesi Immaculée na we ari mu bagize ikibazo nyuma yo kunywa kuri iyo nzoga. Avuga ko yayisomyeho ubwo yari avuye kugura isabune agahura n'abaturage bari kuyinywa.

Ati: “Nari ndi mu nzira mvuye kugura isabune, mpura n'umukecuru n'umusaza ndetse bari kumwe n’umwana bari kunywa inzoga nanjye nsomaho ntazi ko nshobora kugira ikibazo.”

Muzehewera Alice na we yavuze ko atari asanzwe anywa inzoga, ariko ko yayisomyeho ayiherewe n'umwana wari umaze kuyigura.

Yagize ati: “Nari mvuye kwahirira inka, umwana aza avuye kuyigura. Arambwira ati ‘Ngwino nkusomye ku nzoga ,nuko nsomaho gato, musubiza agapipiri ke arigendera.”

Umuyobozi Mukuru w'Ibitaro bya Rwamagana, Nshizurungu Placide, yavuze ko bakiriye umubare munini w’abarwayi bafite impungenge impungenge nyuma yo kumva amakuru y'abamaze kwitaba Imana icyakora ngo bamwe bageze kwa muganga hakiri kare, bituma bahabwa ubuvuzi bwihuse.

Nshizurungu yakomeje yasaba abaturage kwirinda kunywa ibinyobwa bitujuje ubuziranenge ndetse no kwihutira kujya kwa muganga igihe cyose bagize ibimenyetso bidasanzwe nyuma yo kunywa ibinyobwa bikemangwa.

Yagize ati: “Turasaba abaturage kwirinda no kwamagana ibinyobwa bitujuje ubuziranenge. Umuntu wese wumva afite ikibazo nyuma yo kunywa ikintu adafitiye icyizere akwiriye kwihutira kujya kwa muganga aho kuguma mu rugo.”

Kugeza ubu inzego z'ubuyobozi zifatanyije n'iz'ubuzima zikomeje gukora iperereza kugira ngo hamenyekane inkomoko y'iyi nzoga ndetse n'icyateye uru rupfu n'uburwayi bwibasiye abaturage bo muri aka gace.

Mu gihe iperereza rigikomeje, abaturage bakomeje gusabwa kwitwararika no kwirinda kunywa inzoga z'inkorano n’izicuruzwa mu buryo butemewe n'amategeko, mu rwego rwo gukumira ibindi byago bishobora guterwa n'ibinyobwa bitizewe.


Sangiza aya makuru

Izijya gusa

Zambiya: Perezida yemeje kwigira ubuntu mu bigo bya leta  ku bana bose UBUZIMA

Zambiya: Perezida yemeje kwigira ubuntu mu bigo bya leta ku bana bose

Inkuru Yose
Rwamagana : Abaturage barasaba gukemurirwa ikibazo cy’ibura ry’amazi UBUZIMA

Rwamagana : Abaturage barasaba gukemurirwa ikibazo cy’ibura ry’amazi

Inkuru Yose